Home Search Countries Albums

Niho Nkiri

ANNETTE MURAVA

Niho Nkiri Lyrics


Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri
Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri

Ndangamije isezerano ryawe, mpagaze aho wansize
Abo twazanye barasubijwe
Mbese uracyanyibuka mbese uracyanyibuka
Inkovu z'ibipfukamiro byanjye, zindya amanywa n'ijoro
Mbese isengesho ryanjye ryari rigufi, mbwira naryo ndyongere
Ndinda gushidikanya, nziko utajya uhinduka
Wituma ndira abandi baseka, ibuka isezerano
Inkwenene zabaye uruhuri, abanzi barishimye
Nanjye ndi mubo wasize inyuma, garuka unsindagize

Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ubigenza ute, ushingira kuki usubiza
Mbese ijwi ryanjye ryaba rikugeraho
Narinzi ko isoko y'imigisha nta n'umwe uyihezwaho
Mbese n'iki Mwami ntakora ngo ureke nanjye mvomeho
Abo tugusangiye nk'umubyeyi bapfukamye bashima
Njyewe ho nan' ubu ngisaba, sinzi igihe uzanyumva
Abo twahingiye rimwe Mana, bose barasaruye
Ngushiriza imvura nanjye neze
Mpagaze aho wansize

Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima
Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Ndacyategereje, umugisha wawe
Mana aho wansize n'ubu niho nkiri
Nyigisha gusesengura, ibisubizo
N'aho umuti waba ushariraMana nkwumire
Mpa imbaraga ntegereze, ubushake bwawe
Kugeza igihe uzanjyana mu gitaramo cy'abagushima

Enjoy Synced Lyrics With Our Mobile App

Download on Google PlayGet it on App Store

WATCH VIDEO

ABOUT THIS SONG


Release Year : 2021


Album : Niho Nkiri (Single)


Added By : Farida

SEE ALSO

AUTHOR

ANNETTE MURAVA

Rwanda

Annette Murava is a musician gospel from rwandan ...

YOU MAY ALSO LIKE